Mu mafoto twinjirane mu birori by’umunsi w’Ishuri rya École Les Pionniers i Musanze

Ishuri rya École Les Pionniers mu karere ka Musanze, mu murenge wa Kimonyi  ryizihije umunsi mukuru waryo,ryibutswa ko baritegerejeho kuzamura urwego rw’imitsindishirize y’ibizamini bya Leta mu karere ka Musanze ndetse no kugira abanyeshuri ba mbere ku rwego rw’Igihugu.

Ni ibirori bikomatanyije byabaye ku wa Gatandatu tariki ya 9 Gicurasi 2026, hahimbazwa umunsi waryo na Mutagatifu Dominiko Saviyo ryaragijwe, isabukuru y’umwaka rimaze ritangiye gukora ndetse no gutanga amasakaramentu ku banyeshuri 18 bahiga.

Mu gusoza ibi birori, abana, abarezi n’ababyeyi kandi bagize umwanya wo gusabana ndetse banatembera mu Kinigi mu nkengero za Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ahasanzwe habera ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi.

Mu mafoto twinjirane muri ibi birori:

Ibi birori byabimburiwe n’igitambo cya Misa cyaturiwe mu Ishuri rya École Les Pionniers 

Mu mbuga y’iri shuri niho hari ihema ririmo Aritali
Umutambangiro ubanziriza igitambo cya Misa warimo abanyeshuri biga muri iri shuri
Abasaseridoti bo muri Diyosezi ya Ruhengeri bari bitabiriye uyu munsi
Igitambo cya Misa cyatuwe na Padiri Jean Bosco Baribeshya wari intumwa y’Umwepisikopi wa Diyosezi ya Ruhengeri
Abarererwa muri École Les Pionniers berekanye bo batozwa ijambo ry’Imana
Uyu mwana muto niwe wasomye Ijambo ry’Imana mu Gitambo cya Misa

Abana biga mu Ishuri rya École Les Pionniers bahawe amasakaramentu
Padiri Bagerageza Jean François Régis, wagize igitekerezo cyo gushinga iri shuri ari kumwe n’umwana urererwa muri iri shuri
Abasaseridoti batandukanye bo muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri
Padiri Bagerageza Jean François Régis, wagize igitekerezo cyo gushinga iri shuri
Padiri Jean Bosco Baribeshya na Padiri Bagerageza Jean François Régis
Abana bambitswe amashapure
Abasaseridoti batanga umugisha ku bana biga mu Ishuri rya École Les Pionniers bari bahawe amasakaramentu
Byari umunezero mu birori bikomatanyije by’Ishuri rya École Les Pionniers
Abiga mu Ishuri rya École Les Pionniers batozwa umuco nyarwanda nk’uko babigaragaje
Aba bana bato basomye umuvugo bahimbye wibutsa ababyeyi gutanga uburere bwiza
Abana biga muri iki kigo bari babukereye ku munsi wacyo
Nyuma y’ibirori byabereye mu kigo hakurikiyeho kujya mu Kinigi ahasanzwe habera ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi
Abana baroryohewe no gutemberezwa mu Kinigi
Abanyeshuri b’Ishuri rya École Les Pionniers bagize umwanya wo kwidagadura

Barakinnye biratinda mu Kinigi ahasanzwe habera ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi
Abana, abarezi n’ababyeyi bafashe ifoto y’urwibutso
Ababyeyi barerere muri iri shuri bari banezerewe
Wari umwanya mwiza wo gutahana ifoto y’urwibutso yo mu Kinigi mu mizi y’Ibirunga
Uyu mubyeyi yafashe ifoto y’urwibutso n’abana be biga muri iri shuri
Wari umwanya w’amafoto ku babyeyi, abarezi n’abanyeshuri
Ababyeyi baherekeje abana babo mu Kinigi
Abana bagaragaza ibyishimo byinshi kubwo gusura mu Kinigi

            

UBUREZI TV
IBIZAMINI BYAKERA